Saturday, January 15, 2022

UDUKORYO: Ntukanjyane mu nkundo ndakwiyamwe

Umuntu Mugufi:▼
Uretse kuba abantu bagufi batajya basaza vuba, ikindi ubaziho ni iki?
►Byeri imwe iramusindisha kuko nyuma y'amasegonda 20 iba izengurutse umubiri wose.

Umutima:▼
Mutima wanjye♥ nongere nkwibutse ko akazi kawe ari ugupompa amaraso mu mubiri. Ntukanjyane mu nkundo ndakwiyamye
Source: WhatsApp (15/01/2022)

Mu by'ukuri mumbabarire. Buri wese yigire rwose muri 2022

Muri uyu mwaka, mumbabarire jye nta kintu na kimwe nifurije uwo ari we wese.
Niba ushaka ubuzima bwiza, iyiteho nurwara ujye kwivuza kwa Muganga. Niba ushaka amafaranga jya kuyakorera, niba ushaka Ukukundo ba umunyakuri kandi ube imfura mu bo mubana bose, niba ushaka gutera imbere bigiremo uruhare ushyireho umuhate. Niba wifuza ibyishimo, shimisha bagenzi bawe...
Mu by'ukuri mumbabarire. Buri wese yigire rwose muri 2022.
Source Facebook (04/01/2022)

Ubugoryi
Niba waragize ubwoba bwo kureka kumvugisha, 
uracyafite ubugoryi bwo kureba status zanjye.

Source WhatsApp Status (30/12/2021)

Niba ushaka Umwaka w'amata nubuki, uzorore inka n'inzuki.

Uyu mwaka nta muntu mbeshye ngo hari icyo mwifurije.
Niba ushaka *umwaka w'amata nubuki*, uzorore inka n'inzuki.
Niba ushaka*Urukundo*, banza ukunde urebe ko nawe udakundwa.
Niba ushaka *Ubuzima bwiza*, gura mutuelle univuze ku gihe.
Niba ushaka *Amahoro*, banza uyahe abandi nabo bazayaguha.
Niba ushaka *Ubukire*, kura amaboko mu mifuka ukore.
Maze imyaka myinshi abantu banyifuriza umwaka w'amata n'ubuki, *nyamara amata nyabona niyushye akuya, ubuki bwo buranahenda litiro 1 ngo ni 5000 Rwf*
*Haranira ibyiza muri 2022 kandi uzabigeraho.*

Source Facebook story: Kayitare Hamada (29/12/2021)